Minisitiri w'Intebe Ngirente yagaragaje uko gahunda yo gukingira Covid-19 ihagaze
Ku wa 03 Ukuboza 2021, mu kiganiro Umukuru wa Guverinoma ageza ku Nteko Ishinga Amategeko, Imitwe yombi yateranye, buri gihembwe, Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard Ngirente yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko uko gahunda yo kurwanya Covid-19 no gukingira Abanyarwanda n'Abaturarwanda ihagaze.
Minisitiri w'Intebe yamenyesheje abagize Inteko Ishinga Amategeko ko intego yashyizweho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) isaba ko bitarenze tariki ya 30 Nzeri 2021, buri gihugu cyagombaga kuba cyakingiye 10% by’abagituye, u Rwanda rwayigezeho.
Yifashishije imibare, yagaragaje ko ku birebana n’u Rwanda, Guverinoma y'u Rwanda yari yihaye intego yo gukingira 30% (3.915.533) by’Abanyarwanda bitarenze Ukuboza 2021 na 60% (7.831.066) bitarenze Ukuboza 2022.
Yavuze kandi ko nyuma y’aho Guverinoma yiyemeje gukingira ingimbi n’abangavu bafite imyaka iri hagati ya 12 na 17, imibare y’abagomba gukingirwa COVID-19 mu Gihugu hose yiyongereye igera kuri 69,4% (9.063.245). Yavuze ko aba bose bazaba bamaze gukingirwa bitarenze Ukuboza 2022.
Yavuze ko ku birebana n’intego yo gukingira 9.063.245 by’Abanyarwanda bitarenze Ukuboza 2022, kugeza tariki ya 2 Ukuboza 2021, abari bamaze guhabwa doze ebyiri bari 40% (3.625.636). Naho abamaze gufata doze ya mbere bakaba 6.065.691 bangana na 67%.
Minisitiri w'Intebe kandi yagaragaje ko mu Mujyi wa Kigali, hagendewe ku mibare y’abaturage bahabarurirwa, bafite imyaka 18 kuzamura, yerekana ko 100% bakingiwe bose.
Mu Mujyi wa Kigali kandi, uhereye ku bafite imyaka 12 kuzamura, abangana na 869.909, ni ukuvuga 89.2% bamaze guhabwa doze zombi. Abamaze guhabwa byibura doze ya mbere ni 1.032.499.
Minisitiri w'Intebe yavuze ko mu zindi Ntara zose hamwe uko ari enye (4), uhereye ku bafite imyaka 12 kuzamura, abangana na 2.755.727, ni ukuvuga 34% bamaze guhabwa doze zombi. Abamaze guhabwa byibura doze ya mbere bakaba 5.033.192 bangana na 62%.
Muri iki kiganiro, Minisitiri w'Intebe yanashimiye Abanyarwanda uburyo bakomeje kwitabira gahunda yo gukingirwa Covid-19 ndetse asaba n'abatarabikora kwihutira kubikora.
Soma ikiganiro cyose: hano
Reba amashusho y’ikiganiro: hano
Reba amafoto: hano
Topics
Prime Minister Dr. Justin nsengiyumva, presided over the the swearing-in ceremony of the newly appointed Military Prosecutor General Col. Charles…
Prime Minister Dr. Justin Nsengiyumva, represented President Kagame, at the 39th Ordinary Session of the Assembly of Heads of State and Government of…
Prime Minister Dr. Justin Nsengiyumva, on behalf of His Excellency President Paul Kagame, virtually attended the 43rd Session of AUDA-NEPAD Heads of…
Prime Minister Dr. Justin Nsengiyumva attended the 20th Edition of Umushyikirano, that took place in Kigali Convention Center from 05-06 February…
Prime Minister Nsengiyumva presided over the University of Global Health Equity (UGHE) Class of 2026 graduation, as the University marks its 10th…
Kigali, 15 January 2026
Prime Minister Justin Nsengiyumva received a delegation led by Mr. Leung Chun-Ying, Chairman of GX Foundation, a Hong…
Kigali, 12 December 2025
Prime Minister Justin Nsengiyumva officiated the 23rd celebration of Taxpayers Appreciation Day in a ceremony that took…
Abidjan, 8 December 2025
Prime Minister Justin Nsengiyumva represented His Excellency President Kagame at the inauguration ceremony of President…
06 December 2025 –- Prime Minister Dr Justin Nsengiyumva joined thousands of Christians on Saturday, 06 December 2025, at Amahoro Stadium, as Rwanda…